Advertise your products Here Better Faster

BAL 2026: RSSB Tigers BBC yakoze amateka imbere ya Perezida Paul Kagame

Yanditswe na Adam Yannick.

RSSB Tigers BBC yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2026), nyuma yo gutsinda Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90-88.

Kur Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026, ni bwo muri BK Arena hakiniwe umukino wa nyuma wa Basketball Afica League(BAL 2026).

Mu bakurikiye uyu mukino harimo na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, witabiriye iyi mikino kuva itangiye, ari kumwe na Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall, Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi, Perezida wa FIBA Africa, Anibal Aurelio Manave n’abandi.

Umukino watangijwe n’ibirori birimo imbyino za Kinyarwanda, zasusurukije abakunzi ba Basketball bari muri BK Arena, bari bamaze kureba umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wasize Al Ahly yo muri Libya itsinze Al Ahly yo mu Misiri amanota 106-98.

Umukino wa nyuma watangiye ku isaha ya saa kumi n’ebyiri (18H00).
RSSB Tigers BBC yari yitabiriye bwa mbere BAL 2026, ntabwo yatangiye neza,kuko Petro de Luanda yakinaga iri rushanwa ku nshuro ya 6 kuva ryatangira muri 2021, mu minota itandatu ya mbere y’umukino yarimaze gutsinda amanota 20 kubusa bwa RSSB Tigers BBC, abantu batangira kugira ubwoba ,nyuma yiyo minota yaguratse mu mukino,itangira kubona amanota. Kuko agace ka mbere kaje kurangira Petro de Luanda iyoboye n’amanota 27 kuri 16 ya RSSB Tigers BBC.

Mu gace ka kabiri, RSSB Tigers BBC yagarukanye imbaraga ibifashijwemo na Craig Randall batangira kubona amanota bitandukanye n’uko agace ka mbere kari kagenze. Kuko yaje gutsinda amanota arenga 13 mu minota itanu yako ya mbere, ari na ko Mangok Mathiang yugarira neza kugeza amakipe anganyije amanota 37-37

Mu minota ibiri ya nyuma y’agace ka kabiri, RSSB Tigers BBC yarushije bikomeye cyane Petro de Luanda, inafashwa n’umurindi w’abafana, iyobora umukino ku manota 42-37.

Mu karuhuko k’iki gice, umuririmbyi wo muri Nigeria, Olamide, yasusurukije abafana mu ndirimbo ze zitandukanye zirimo ‘Infinity’ yafatanyije na Omah Lay, Issa Goal, Bobo, Motigbana n’izindi.

Mu gace ka gatatu, RSSB Tigers BBC itozwa na Henry Dennis Mwinuka afatanyije na Kenneth Gasana na James Edward Maye Jr. yayoboye umukino ku kinyuranyo cy’amanota atanu, ibifashijwemo na Teafale Lenard Jr. washyiragamo amanota abiri inshuro nyinshi.

Ni mu gihe Aboubakar Gakou wa Petro de Luanda yatsindaga amanota menshi ashaka kugabanya iki kinyuranyo, kaza no kurangira RSSB Tigers BBC ifite amanota 61-59.

Mu gace ka kane ari nako ka nyuma, Petro de Luanda yaje kurusha amanota ane RSSB Tigers BBC irushwa mu minota irindwi ya nyuma.

Abafana bari muri BK Arena bazamuye umurindi mu minota ine ya nyuma, RSSB Tigers iva inyuma yongera kurusha amanota atanu Petro de Luanda, ibifashijwemo na Craig Randall
umukino urangira RSSB Tigers BBC itsinze umukino ku manota 90-88. Ihita iba ikipe ya mbere itwaye BAL 2026 ku nshuro ya mbere mu nshuro eshashatu imaze. RSSB Tigers BBC ikaba yarikinnye iri rushanwa ku nshuro yayo ya mbere.

Ibihembo byatanzwe nyuma y’irushanwa

Craig Randall II RSSB Tigers BBC niwe wabaye umukinnyi mwiza w’irushanwa.

Muthiang Mangok RSSB Tigers BBC yabaye umukinnyi mwiza wugarira.

Henry Mwinuka yabaye umutoza mwiza aba umunyatanzaniya wa mbere wegukanye iki gihembo.

Ariel Kor Nairobi City yabonye igihembo Ubuntu Troph Presented by Qatar Foundation

Picture of Pressbox Author

Pressbox Author

Pressbox news reporter

Leave a Replay

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.

twandikire

ibaba copy

Design by Ibaba Creative Space