Advertise your products Here Better Faster

Wasac basabwe kwimakaza imitangire myiza ya service

By Ndabateze Jean Bosco

Uyu munsi, Umunyamabanga Uhoraho Mahoro Eric, yasoje Itorero ry’abakozi ba WASAC Group ryaberaga i Nkumba mu Karere ka Burera.

Aba bakozi bari bamaze iminsi batozwa indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda bizabafasha kunoza inshingano zabo.

Abakozi ba WASAC basabwe kwimakaza imitangire myiza ya service bazirikana ko amazi ari ubuzima

Yabasabye kwimakaza imitangire myiza ya serivisi z’amazi, isuku n’isukura, bazirikana ko amazi ari ubuzima kandi ko ubuzima budashoboka ahatari amazi, bityo bakaba bakwiye kubahisha izina ry’Ubutore bahawe “ry’Indemyabuzima.

Yabibukije ko Guverinoma y’u Rwanda yakoze ibishoboka byose yubaka ibikorwaremezo by’amazi, isuku n’isukura, irabibegurira kugira ngo bakoreshe imbaraga zabo n’ubwitange mu kubibyaza umusaruro, baharanira ko Umuturarwanda wese abona amazi meza.

Eric Mahoro ysabye abakozi ba WASAC kuba umusemburo w’impinduka nziza

Yabasabye ko kuba umusemburo w’impinduka nziza muri WASAC nyuma y’iri Torero, banoza imikorere n’imikoranire mu kazi kabo ka buri munsi, barangwa n’imyitwarire mbonezamurimo, bakora nk’abikorera, biganisha ku cyerekezo cy’Igihugu 2050.

Pressbox Author

Pressbox Author

Pressbox news reporter

Leave a Replay

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.